Ku munsi wa 13 wa shampiyona, Police FC na Gasogi United zagaraguritse

Ku munsi wa 13 wa shampiyona, Police FC na Gasogi United zagaraguritse

 Jan 20, 2022 - 12:30

Kuri uyu wa kane ubwo hasozwaga umunsi wa 13 wa shampiyona y'u Rwanda, Police FC na Gasogi United zatakaje amanota.

Kuri uyu wa kane nibwo hari hateganyijwe imikino itatu isoza umunsi wa 13 wa shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda.

Umukino wa mbere wari ikipe ya Police FC yari yakiriye Rutsiro FC. Iyi kipe ya Frank Nuttal yari ifite akanyamuneza kuko yabashije kubona amanota atandatu yose mu mikino ibiri iheruka gukina, dore ko hari ayo iherutse gukura i Huye.

Gusa ku rundi ruhande ikipe ya Rutsiro FC nayo yari ihagaze neza nyuma y'uko ku munsi uheruka yari yabashije gutsibura AS Kigali ikayikuraho amanota atatu imbumbe.

Ni umukino utoroheye impande zombi kuko byasabye umunota wa 81' kugira ngo ikipe ya Rutsiro FC ifungure amazamu ku gitego cyatsinzwe na Shukulu.

Ikipe ya Police FC nayo byayisabye umunota wa 3' w'inyongera ngo ibone igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na myugariro Usengimana Faustin bituma umukino urangira amakipe yombi atahanye inota rimwe.

Ku rundi ruhande ikipe ya Musanze FC yari imaze imikino ibiri yose iyinganya, yari yakiriye Gasogi United yari iherutse kunyagira Gicumbi FC akavagari k'ibitego 4-1.

Igitego kimwe cya Ikechukwu Irokan cyatsinzwe ku munota wa 14', nicyo cyasoje uyu mukino warangiye ikipe ya Musanze FC isigaranye amanota atatu naho abasore ba KNC bataha bimyiza imoso.

Ikipe ya Mukura Victory Sports yo yari yasuye ikipe ya Gicumbi FC aho umukino warangiye amakipe yombi agabanye amanota.

Mukura Victory Sports niyo yinjiye mu mukino neza kuko yabonye igitego ku munota wa 30' cyatsinzwe na Mugisha. Gusa ku munota wa 49' Patrick yaje kwishyurira Gicumbi FC.

Police FC yanganyije na Rutsiro FC

Mukura Victory Sports yanganyije na Gicumbi FC

Uko urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona ruhagaze