Kajala Paula yagaragaye ku bitaro agiye kwipimisha inda bivugwa ko ari iya Rayvanny

Kajala Paula yagaragaye ku bitaro agiye kwipimisha inda bivugwa ko ari iya Rayvanny

 Aug 23, 2021 - 07:09

Kajala Paula umaze igihe avugwa mu rukundo na Rayvanny biravugwa ko atwite ndetse akaba yagiye kwipimisha mu bitaro by’ahitwa Kinondoni mu kureba koko niba atwite.

Uyu Kajala Paula ni umukobwa wa Kajala Masanja umukinnyi wa filimi wigeze gukundana na Harmonize ariko bose byigeze kuvugwa ko yabarongoraga (umwana na nyina). Kajala Paula yujuje imyaka 19 ku buryo afite uburenganzira ku buzima bwe. Nyina rero ntabikozwa ku buryo ashobora kwiyambaza amategeko akarega Rayvanny wateye umukobwa we inda.

 

Kajala Paula wiga mu wa kane w'amashuri yisumbuye aratwite

Uyu mukobwa yagaragaye kubitaro by’ahitwa  Kinondoni yagiye kwipimisha mu rwego rwo kumenya uwo atwite uwo ariwe. Ababonye uno mukobwa bavugako nubundi afite ibimenyetso byose by’umugore utwite bitewe n’impinduka ubu zimugaragaraho. Abenshi ubu barifuriza Kajala Masanja ishya n’ihirwe kuba agiye kubona umwuzukuru. Mu kiganiro Kajala Masanja umubyeyi wa Kajala Paula aherutse gukora kuwa  gatanu w’icyumweru gishize yagaragaje ibyishimo bicye byo kuba umukobwa we atwite  ndetse we avugako umwan awe adatwite ahubwo ko ari itangazamakuru rishaka gusiga isurambi umukobwa we bityo akaba agiye kwitabaza amategeko. Zimwe mu nshuti za hafi za Rayvanny barimo Baba Levo yahamije ko Kajala agaragara nk’umukobwa utwite.

Umwanditsi: Havugimana Lazare