Intwaro kilimbuzi za mbere zageze muri Belarus- Perezida Putin

Intwaro kilimbuzi za mbere zageze muri Belarus- Perezida Putin

 Jun 17, 2023 - 03:09

Perezida w'u Burusiya Vladimir Putin yemeje ko intwaro kilimbuzi za mbere zageze muri Belarus| U Burusiya bwarashe kuri Kyiv mu gihe abategetsi ba Afurika bari muri Ukraine ari nako bategerejwe mu Burusiya uyu munsi.

Mu nama y'ihuriro mpuzamahanga ku bukungu iri kubera i St Petersburg mu Burusiya, niho Perezida Vladimir Putin yavugiye ko u Burusiya bwamaze gushyira muri Belarus (Biélorussie) icyiciro cya mbere cy'intwaro kilimbuzi zikoreshwa ku rugamba, zizwi nka 'tactical nuclear weapons'.

Perezida Putin akaba yavuze ko zizakoreshwa gusa ari uko ubutaka bw'u Burusiya cyangwa Leta y'u Burusiya yugarijwe.

Perezida Vladimir Putin yemeje ko intwaro kilimbuzi za mbere zageze muri Belarus 

Akaba yakomeje avuga ko kohereza muri Belarus izo ntwaro kilimbuzi bizaba byarangiye bitarenze mu mpera za Nyakanga 2023.

Icyakora nubwo u Burusiya bwajyanye izi ntwaro muri Beralus, Perezida w'Uburusiya yavuze ko icyo cyemezo kigamije "ubwirinzi" no kwibutsa uwo ari we wese "utekereza ku gutuma u Burusiya buntsindwa ko bidashoboka.

Abategetsi ba Afurika muri Ukraine

Perezida Putin byitezwe ko uyu munsi i St Petersburg ahahurira n'abategetsi bamwe bo muri Afurika, nyuma yuko ku wa Gatanu basuye umurwa mukuru Kyiv wa Ukraine, muri gahunda igamije amahoro barimo kugeza kuri ibyo bihugu byombi.

Ariko ubwo bari bari i Kyiv, uwo mujyi warashweho n'igitero cya misile cy'u Burusiya.

Abategetsi ba Afurika bari i Kyiv kuri uyu wa Gatanu aho bahuye na Perezida Zelenskyy 

Perezida w'Afurika y'Epfo Cyril Ramaphosa yasabye ko habaho guhosha imirwano ku mpande zombi ndetse hakabaho ibiganiro bigamije amahoro.

Icyakora Perezida Zelensky yavuze ko Ukraine itazagirana ibiganiro n'u Burusiya mu gihe cyose hakiri ubutaka bwa Ukraine bwigaruriye.