Ibyaha 37 Donald Trump arengwa byatumye usuhererwa mu rukiko

Ibyaha 37 Donald Trump arengwa byatumye usuhererwa mu rukiko

 Jun 14, 2023 - 04:43

Ku nshuro ya kabiri muri uyu mwaka, uwahoze ari Perezida wa USA Donald Trump yari mu rukiko atuje cyane yipfumbase aho ashijwa gutunga bitemewe inyandiko z’ibanga.

Donald Trump, imbere y’urukiko rw’i Miami muri Leta ya Florida, yahakanye ibyaha aregwa byo gutwara no gutunga bitemewe inyandiko z’ibanga.

Trump niwe Perezida wa mbere wa Amerika , uriho cyangwa wahozeho urezwe imbere y’urukiko mu rubanza nshinjabyaha.

Apfumbase amaboko mu ikositimu y’umukara na karuvati itukura hamwe n’isura iterekana amarangamutima, Donald Trump yari yicaye mu rukiko bucece, ku nshuro ya kabiri agejejwe mu rukiko muri uyu mwaka.

Donald Trump mu rukiko yari atuje cyane 

Trump yavuye mu rukiko ahita ajya muri Leta ya New Jersey kuvugisha abamushyigikiye bari bamutegereje.

Trump ushaka kwiyamamaza mu matora y’umwaka utaha, yabwiye abari bamutegereje ko yari afite “uburenganzira bwose” bwo gutunga izo nyandiko, ariko ko atabonye “amahirwe yo kureba mu bikarito byose”.

Umunyamategeko wa Donald Trump,Todd Blanche yabwiye abacamanza ati: “Turahakana tweruye ko ibyo byaha bitamuhama”. Trump akaba aregwa ibyaha 37 byose.

Donald Trump arashinjwa ibyaha 37 mu rukiko 

Trump w’imyaka 76, yemerewe kuva mu rukiko nta yandi mabwiriza ku ngendo mu gihugu cyangwa hanze yacyo.

Abashinjacyaha babwiye umucamanza ko uregwa adateye impungenge zo kuba yatoroka ubucamanza.

Icyakora Donald Trump ntabwo yemerewe kuganira iby’uru rubanza n’uwo bareganwa Walt Nauta.