Haranuganugwa ubwiyunge hagati ya Man.U na David De Gea

Haranuganugwa ubwiyunge hagati ya Man.U na David De Gea

 Oct 26, 2023 - 20:30

Nyuma y'amezi atatu gusa Manchester United itandukanye n'uwari umuzamu wayo David De Gea, uyu muzamu ashobora kuyigarukamo.

Umunya-Espagne David De Gea ashobora kugaruka muri Manchester United yakiniye imyaka isaga 12 akayitwaramo ibikombe birimo English Premier League n'ibindi.

I Manchester bafite ubwoba bwinshi bwo kubura umuzamu mu gihe Andre Onana azaba yitabiriye ubutumire bw'ikipe y'igihugu ya Cameroon mu gikombe cya Africa kizabera muri Ivory Coast mu 2024.

Iki gikombe cy'Afurika kizatangira tariki 13 Mutarama kirangire tariki 11 Gashyantare 2023, bivuze ko uyu muzamu uherutse kugurwa miliyoni 43 z'amapawundi ashobora gusiba imikino umunani muri Manchester United.

Ku bw'iyo mpamvu Manchester United yiteguye kwegera David De Gea yari yasezereye mu mpeshyi, akaba yaza kuyifasha by'igihe gito.

De Gea yavuye muri iyi kipe bemeranyijwe ko umushahara we uva ku bihumbi 375 by'amapawundi yahabwaga ku cyumweru agahabwa ibihumbi 200, ariko byarangiye ayo masezerano nayo atayahawe. Kuva icyo gihe nta yindi kipe uyu munya-Espagne yari yabona.

Umunya-Cameroon Andre Onana yagize intangiro mbi muri Manchester United ku buryo bamwe batekereza ko Manchester United yibeshye mu kurekura De Gea, gusa igaruka rye rishoboka mu gihe yakwemera guhabwa amasezerano y'igihe gito.

De Gea ashobora gusigariraho Onana