Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Express cyo mu Bwongereza, Sterling w’imyaka 30 yari agiye kureba umukino wa Chelsea bakina na Wolves ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, ubwo yumvaga itsinda ry’abagabo bipfutse mu maso rigerageza kwinjira mu nzu ye.
Biravugwa ko abo bajura bari bafite icyuma, ariko rutahizamu wigeze gukinira Liverpool na Manchester City akabasha kwihagararaho no kubirukana batamwibye ikintu na kimwe.
Kugeza ubu, inzego z’umutekano zatangiye iperereza kuri ubwo bujura, mu gihe Sterling n’umuryango we bafite ubuzima bwiza nyuma y’icyo gitero cyari giteye ubwoba.
Raheem Sterling yatewe n'abajura butwaje intwaro
Raheem Sterling yakiniye amakipe atandukanye arimo na Arsenal
Raheem Sterling yubakiye izina mu ikipe ya Liverpool
