Umufaransa Paul Pogba ashobora kubura mu gikombe cy'isi bitewe n'imvune y'ivi yagiriye mu myitozo y'ikipe ya Juventus aherutse kwerekezamo.
Uyu musore wasubiye muri Juventus muri uku kwezi azakorerwa ibizamini kugira ngo hamenyekane ubuvuzi azakorerwa, ubundi azabone uko agaruka ameze neza.
Mu cyumweru gishize nibwo Paul Pogba yavuye mu myitozo ya Juventus aho bari i Los Angeles muri Leta zunze ubumwe za America, akaba yarasohotse mu kibuga acumbagira nyuma yo kubabara mu ivi ry'iburyo.
Pogba yavunitse nyuma y'iminsi mike agarutse muri Juventus
Byari biteganyijwe ko Paul Pogba azabagirwa muri Leta zunze ubumwe za America, mu gihe Juventus yo izakomeza ingendo zo gukomeza kwitegura umwaka mushya w'imikino.
Gusa uyu musore yahise asubira mu Butariyani aho agiye kureba inzobere mu byo kubaga kugira ngo ahabwe ubuvuzi bumeze neza.
Nk’uko ikinyamakuru La Gazetta dello Sport kibitangaza, hari uburyo bubiri bushobora gukoreshwa mu kuvura uyu musore ariko bumwe bwatuma abura mu gikombe cy'isi kizabera muri Qatar.
Uburyo bumwe bwatuma Paul Pogba amara iminsi iri hagati ya 40 na 60, ariko ubwo buryo bukunze gukoreshwa ku bakinnyi bakiri bato bushobora kumugiraho ingaruka ku mikorere y'ivi rye.
Ubundi buryo bwa kabiri ari nabwo bwamuvura neza, bwatuma amara amezi ari hagati y'amezi atanu n'amezi atandatu, ibi bikaba byatuma igikombe cy'isi kizatangira mu kwa 11 atarakira.
Pogba azabanza gusura inzobere mbere yo gufata icyemezo cy'uburyo imvune ye izitabwaho.
Paul Pogba ashobora kubura mu gikombe cy'isi
Imvune ya Pogba iraza gutuma ikipe ya Juventus itekereza kabiri ku mishinga yari ifite yo kurekura abakinnyi bayo batandukanye bakina hagati mu kibuga.
Iyi kipe yari ifite gahunda yo kurekura Adrien Rabiot na Arthur Melo, ndetse yamaze no kurangizanya na Aaron Ramsey wamaze kuyivamo.
Mu gihe byakwemezwa ko umufaransa Paul Pogba azamara igihe kinini adakina, byaba ngombwa ko bagumana aba bakinnyi.
