Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Mutarama 2024, imirwano y'akasamutwe hagati y'ingabo za DR-Congo FARDC n'abo bafatanya barimo SADC, baramutse basakirana n'umutwe wa M23 mu bice bya Mweso hafi y'umugi wa Goma muri Kivu y'Amajyaruguru.
Mu itangazo ryashishimuwe n'umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka muri iki gitondo, yemeje ko Ingabo za Leta FARDC n'abo bafatanya barimo imitwe y'inyeshyamba nka FDLR, Wazalendo, ingabo z'u Burundi, n'ingabo za SADC, babagabyeho ibitero bikomeye muri Mweso.
M23 na FARDC bikomeje guhindura isura ku mirongo y'urugamba muri DR-Congo
Akaba avuga ko ibyo bitero byibasiye ahatuye abaturage, kandi ko bigamije kubavana mu byabo. Akaba yunzemo ko M23 iri gusubiza mu buryo bwa kinyamwuga barengera abaturage. Amakuru ataremezwa neza, aravuga M23 yabacanyeho umuriro abandi bafumyamo bagasiga intwaro.
Imirwano ya none, ije nyuma y'uko mu mpera z'icyumweru uyu mutwe wari watangaje ko mu bice uyobora saa 18h00 nta mirimbo yemerewe gukomeza, nyuma y'uko FARDC yari ikomeje kubacanaho umuriro harimo ko n'abarwanyi babo bakuru bivuganwe.
Ni mu gihe kandi kuri iki Cyumweru nabwo imirwano yari ikarishye yabereye mu bice bya Karuba na Kibumba, aho byemezwa ko dorone n'indege z'intambara ari zo zasutse ibisasu kuri M23.
