Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi intambara ihuje ingabo z'iki gihugu FARDC na M23 ikomeje kubura gica, dore ko ingabo za Leta zitabaje imitwe irimo FDLR n'ingabo z'u Burundi na SADC ngo barwanye M23 ariko bikaba iby'ubusa.
Kuri ubu umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare Lt.Col Willy Ngoma aratangaza ko bakubise inshuro ingabo za Leta mu gace ka Kanyabayonga kari muri Teritwari ya Rutshuru, aho yemeza ko basunitse FARDC bakiyigeza kure.
Agace ka Kanyabayonga amakuru yo kugwa mu biganza bya M23 yatangiye kuvugwa kuri uyu wa Kane, dore ko hari hashize iminsi igera kuri itandatu mu nkengero zaho imirwano ica ibintu, icyakora nubwo M23 itangaza ko yafashe aka gace, FARDC yo ntacyo iravuga.
Mu gice M23 yigamba gufata agace ka Kanyabayonga, ni nako biciye mu muvugizi wa bo muri Politike Lawrance Kanyuka avuga ko batwitse imodoka Enye zo mu bwoko bw'ibifaru zidatoborwa n'amasasu.
Uyu mutwe kandi wemeje ko hari izindi modoka ebyiri zo muri ubu bwoko bw'ibifaru wafashe ndetse n’indi imwe yo mu bwoko bw’ikamyo y’ubwikorezi.
