Ni imirwano umuvugizi wa M23 mu bya Politike Lawrence Kanyuka yavuze ko yatangiye mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa 04 Werurwe 2024 mu bice bya Mweso na Mabenga muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu n'Amajyaruguru.
Biri kwemezwa ko hari gukoreshwa imbunda ziremereye, ndetse n'ibifaru by'intambara. Kuri Kanyuka, avuga ko ibyo bitero byakozwe n'ihuriro ry'ingabo za Leta n'abambari babo, biri kwibasira abasivile, akaba yahereye aho asaba imiryango Mpuzamahanga kutarebera ibyo bikorwa byo kiwca abasivile.
Intambara ku mpande zombi, yongeye kubura, mu gihe ejo ku Cyumweru hari hiriwe agahenge k'imirwano. Ni mu gihe kandi mu mpera z'icyumweru Abagaba bakuru b'Ingabo z'Umuryango w'Ubukungu wa SADC, bateraniye i Goma barebera hamwe ibikorwa by'ingabo zabo muri DRC aho bigeze.
Aba basirikare bakuru bari baturutse mu bihugu bya Tanzania, Malawi, Afurika y'Epfo ndetse na DR-Congo, baboneyeho basura n'imirongo ya mbere y'urugamba, aho bageze mu gace ka Mubambiro mu nkengero za Sake, biyemeza gukomeza gushyira ingufu mu bikorwa bya gisirikare.
