Urusaku rw'ibiturika rwaraye i Goma

Urusaku rw'ibiturika rwaraye i Goma

 Nov 27, 2023 - 09:03

Mu ijoro ryakeye mu mugi wa Goma humvikanye imirwano ikaze hagati ya FARDC na Wazalendo, ari nako FARDC ikomeje kwigamba gukumira M23.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 26 Ugushyingo 2023, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugi wa Goma, humvikanye imirwano hagati y'itsinda rimwe ry'ingabo za DR-Congo FARDC ndetse n'umutwe wa Wazalendo umwe muyifatanya na Leta kurwanya M23.

Amakuru aravuga ko urusaku rw'amasasu rwumvikanye mu bice bitandukanye by'uwo mugi, ndetse aya makuru akaba yemejwe n'umuvugizi wa FARDC mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko.

Col Kaiko, akaba yavuze ko ingabo zabo ziri gukurikirana ibyabaye, gusa ahumuriza abaturage ko ntagikuba cyacitse kandi ko ntacyo gutinya gihari. Ibi byabaye kuri iki Cyumweru, mu gihe ku wa Gatandatu FARDC yigambaga kubuza M23 kwinjira mu mugi wa Sake muri Masisi. 

Guhera tariki ya 01 Ukwakira imirwano yakongera kwaduka hagati ya M23 n'ingabo za Leta ya DR-Congo FARDC, bikomeje kuba bibi cyane muri Teritwari za Masisi, Rutshuru, na Nyiragongo dore ko ari ho imirwano ikunze kubera.