PNL19:Police FC yihereranye Mukura, AS Kigali isatira APR FC

PNL19:Police FC yihereranye Mukura, AS Kigali isatira APR FC

 Feb 11, 2023 - 12:05

Ku munsi wa 19 wa shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda, Police FC yongeye kubona amanota atatu itsinda Mukura Victory Sports

Kuri uyu wa Gatandatu hakomeje imikino y'umunsi wa 19 wa shampiyona ya Primus National League, nyuma y'imikino ibiri yabaye ku wa Gatanu aho Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC, mu gihe Kiyovu Sports yo yatsinze Rwamagana City.

Uyu munsi ku wa Gatandatu ho hari hateganyijwe imikino ine aho uwa mbere wabereye i Muhanga aho Police FC yari yakiriye Mukura Victory Sports.

Ni umukino Police FC yatsinze utayigoye cyane, dore ko yatsinze ibitego bibiri ku busa bwa Mukura. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Ntwari Evode ku munota wa 30, byaje no kumuviramo imvune asohoka mu kibuga.

Nyuma y'iminota itatu gusa, myugariro wa Mukura Kayumba Soter yabonye ikarita itukura hakiri kare ku munota wa 33 nyuma yo gukinira nabi rutahizamu Didier ahita asohorwa mu kibuga.

Igitego cya kabiri cyabonetse ku munota wa 74 gitsinzwe na Nsabimana Eric bakunze kwita Zidane, wateye umupira mu izamu nyuma y'akavuyo kari gaturutse kuri koruneri yatewe na Muhadjiri.

Indi mikino yabaye:

Gorilla FC 0-1 AS Kigali

Sunrise 1-2 Marine FC

Etuncelles 2-0 Espoir FC

Ku Cyumweru tariki ya 12 Gashyantare 2023

Bugesera FC vs Musanze FC
APR FC vs Rayon Sports

Police FC yatsinze Mukura

Uko urutonde rwa shampiyona ruhagaze