Ku munota wa 20 gusa Sadio Mane yari asohotse mu mukino Bayern Munich yakinaga na Werder Bremen, akerekeza mu rwambariro acumbagira.
Ubwo yari amaze kwitabwaho n'abaganga ba Bayern Munich nyuma yo kwicara mu kibuga, Mane yagerageje gukomeza gukina ariko nyuma na nyuma hafatwa icyemezo cyo kuva mu kibuga asimburwa na Leroy Sane.
Sadio Mane yasohotse mu kibuga acumbagira ahita yerekez mu rwambariro mu gihe byari byitezwe ko yari gusanga abandi basimbura b'ikipe ye.
Mane yasohotse mu kibuga acumbagira (Image:The sun)
Uburemere bw'imvune y'uyu munya-Senegal ntabwo buramenyekana neza gusa impungenge zirahari kuko hari abaakinnyi benshi bari kuvunika mu gihe Igikombe cy'isi gisigaje iminsi itagezw ku byumweru bibiri ngo gitangire.
Ikipe y'igihugu ya Senegal iri mu itsinda A aho izatangira ihura n'Ubuhorandi tariki 21 Ugushyingo, igakina na Qatar izakira irushanwa tariki 25 Ugushyingo, ikazasoreza kuri Ecuador.
Mane aramutse abuze mu gikombe cy'isi kubera imvune yaba yiyongereye ku bandi bakinnyi bakomeye batazagaragara muri iri rushanwa bitewe n'ibibazo by'imvune.
Ku ruhande rw'Ubwongereza hari Reece James, Ben Chilwell, Kalvin Phillips na Emile Simith-Rowe bose bafite amahirwe make yo guhamagarwa bitewe n'igihe bamaze baravunitse.
Hari kandi N'Golo Kante ku Bufaransa, Timo Welner ku Budage, Diogo Jota kuri Portugal n'abandi bakinnyi mu bihugu bitandukanye.
Sadio Mane yahise yerekeza mu rwambariro (Net-photo)
