Kuri uyu wa 05 Nyakanga 2024, ingabo za DR-Congo FARDC zemeranyije n'abarwanyi ba M23 bamaze imyaka irenga ibiri bahanganiye mu burasirazuba bw'iki gihugu kuba bahagaritse intambara mu gihe cy'ibyumweru bibiri nyuma yo kubisabwa na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.
Ibiro bya Perezida wa Amerika Joe Biden nibyo byatangaje ko byishimiye ko impande zombi zemeye kuba zirambitse intwaro hasi kugeza tariki ya 19 Nyakanga 2024.
Mu itangazo rya USA, basobanuye ko ako gahenge kagambiriye kuba abaturage bavuye mu byabo babasha gusubira mu rugo kugira ngo n'ubutabazi bubagereho mu buryo byoroshye.
Amerika ivuga ko ako gahenge kagezweho nyuma y'uruzinduko rw'umuyobozi ushinzwe ubutasi Avril Haines yagiriye mu Rwanda no muri DRC mu Ugushyingo 2023, aho impande zombi zemeranyije ako gahenge.
Agahenge nk'aka, kaherukaga mu mwaka washize, nubwo katigeze kubahirizwa. Aka gahenge kandi, gasize M23 imaze kwigarurira ibice birimo Kanyabayonga iri muri Teritwari ya Lubero n'ibindi bice bigari byo mu Ntara ya Kivu n'Amajyaruguru.
