Davido ngo ntabwo yari kuba yararongoye umugore we Chioma

Davido ngo ntabwo yari kuba yararongoye umugore we Chioma

 Mar 25, 2024 - 19:41

Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Nigeria, Davido yatunguye benshi avuga ko iyo aza guhura n'umugore we yaramaze kugafata, bitari gukunda ko babana.

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Davido, yahishuye ko  yahuye n’umugore we Chioma Adeleke mbere yuko agira amafaranga cyangwa aba icyamamare.

Davido yahishuye ko yahuye n'umugore we akishakisha

Binyuze mu kiganiro aherutse kugirana na n’itangazamakuru, Davido yavuze ko yahuye na nyina w'abana be ubwo yari arimo yishakisha ndeste ko iyo baza guhura yaramaze kubona amafaranga byari kumugora kumurongora kuko yari yari gukeka ko yaba ashishikajwe n'ubutunzi bwe.

Icyakora, uyu muhanzi yasobanuye ko yishimiye kuba akikijwe n'abantu bamuzi mbere yuko amenyekana ndetse akanaba umuherwe. 

Davido n'umugore we Chioma

Davido n'umugore we Chioma bahuye mu 2013, gusa  barushinze umwaka ushize.