Se w'umuhanzi AKA yagize icyo avuga ku rubanza rw'urupfu rw'umuhungu we

Se w'umuhanzi AKA yagize icyo avuga ku rubanza rw'urupfu rw'umuhungu we

 Mar 1, 2024 - 20:15

Nyuma y'uko abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw'umuhanzi AKA ndetse n'urubanza rugatangira kuburanishwa ku munsi w'ejo, se w'uyu muhanzi yagize icyo avuga kuri uru rubanza.

Nyuma y’uko abakekwaho kwica umuhanzi ukomoka muri Afurika y’Epfo, AKA, batawe muri yombi bakazanwa mu rukiko rw’ibanze rwa Durban ku munsi w’ejo, se wa AKA, Tony Forbes, yanze kuripfana avuga ko ariko kwiyumvamo ko umwicanyi nyawe atarafatwa.

Tony yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yavaga mu Rukiko aho yasobanuye ko yemera ko uwateguye akanagira uruhare runini muri ubu bwicanyi atarafatwa kandi abizi ko akirimo kwidegembya hano hanze.

Ku munsi w’ejo abakekwa bajyanywe mu Rukiko, ni Siyanda Myeza w’imyaka 21, Lindokuhle Ndimande w’imyaka 29, Lindani Ndimande w’imyaka 35, Lindokuhle Thabani w’imyaka 30 na Mziwethemba Myeza w’imyaka 36.

Icyakora, uru rubanza ejo hashize rwimuriwe ku ya 6 Werurwe 2024.

Tubibutse ko AKA w’imyaka 35, yarashwe akicwa ku ya 10 Gashyantare umwaka ushize, ubwo yari arimo gutemberana n’inshuti ye hanze ya resitora i Durban muri Afrika yepfo.