Ubwo yaganiraga na Sanyuka Tv, Ykee Benda yabajijwe niba koko nawe yaba ari gutegura kuzahatanira umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko mu matora y'Abadepite ateganyijwe muri iki gihugu mu 2026, gusa aryumaho.
Uyu muhanzi ubwo yasubizaga yaje gutanga igisubizo ariko ashyira abantu mu rujijo bibaza niba abyemeye cyangwa abihakanye.
Yagize ati "Ninde wababwiye ko mpataniye kuba umunyamuryango mu Nteko Ishinga Amategeko?"
"Ntabwo mbizi niba nzinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ariko reka ibyo tubiveho. Navukiye muri Kira kandi ntabwo ndi umuyobozi waho. Ndi umuyobozi mu bindi bintu byinshi ariko bitari politike."
Ibi yabibajijwe nyuma y'uko aherutse kugaragara ubwo yari yasuye umuvugizi w'Inteko Ishinga Amategeko, Rt Hon. Anita Among, bivugwa ko yaba yari yagiye kumwaka ubufasha mu nyungu ze za politike.