Shakira yahinyuje amakuru ku itandukana rye na Pique

Shakira yahinyuje amakuru ku itandukana rye na Pique

 Mar 19, 2024 - 21:20

Uretse kuba umuhanzikazi Shakira aherutse gutangaza ko yatanze ibitambo bitagira ingano kugira ngo arambane na Gerard Pique, yanavuze ko kumuca inyuma atari cyo kintu gusa cyatumye batandukana, ndeste ko n'igihe abantu bavuga ko yabimenyeye atari cyo.

Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Colombia, Shakira, yahakanye ibihuha bivuga ko yatandukanye n’uwahoze ari umukunzi we, rurangiranwa mu mupira w’amaguru Pique, kubera kubera kumuca inyuma.

Shakira ngo ntabwo yatandukanye na Pique kubera kumuca inyuma gusa

Binyuze mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru The Sunday Times, Shakira yahakanye ibyo bihuha ndetse avuga ko hari ibindi bintu byinshi byatumye batandukana, bitari ukuba yaramuciye inyuma nk’uko benshi bakomeje kibihwihwisa.

Shakira yahuye n’uyu mugabo wahoze ari myugariro wa Barcelona ubwo yari mu bikorwa byo kimeneyekanisha  indirimbo ye y’ogokombe cy’isi cya 2010, “Waka Waka”.

Shakira kandi yavuze ko igihe abantu batekereza ako aribwo yamenye amanyanga ya Pique, atari cyo

Icyakora, baje gutandukana ku mugaragaro mu mwaka wa 2022, aho bari bamaranye imyaka 11, ndeste bafitanye n’abana babiri.