Ku munsi wo ku wa Kabiri, umuhanzikazi Rihanna, n'umugabo we A$AP Rocky, bongeye, kuvugisha benshi ubwo bagaragaraga ku mihanda y'i New York, nyuma y'amezi abiri gusa y'ibarutse.
Rihanna na A$AP Rocky bongeye kuvugisha benshi
Uyu muryango w'abahanzi, muri Kanama uyu mwaka, nibwo batangaje ko bibarutse umwana wabo wa kabiri, ariko nyuma y'igihe gito, uyu mugore w'imyaka 35 yongeye kugaragara atemberana n'umugabo we akomeye asa neza.
Rihanna benshi batanguwe n'ukuntu yasaga neza nyuma y'igihe gito yibarutse
Ibi byabaye ku mugoroba wo kwizihiza isabukuru y'imyaka 35 y'umugabo we, gusa aba babyeyi bataherukaga kugera mu ruhame, beretswe urukundo n'imbaga y'abantu banyuragaho bava gusangirira muri resitora yitwa Carbone.
Abafana babo, bishimiye uburyo Rihanna umaze imyaka itatu abana na A$AP Rocky, yagaragaye yambaye.
Abafana ba Rihanna bishimiye uburyo uyu mugore yongeye kugaragara asa neza nubwo amaze igihe gito yibarutse
Rihanna ntabwo yaherukaga mu ruhame, kuva yakibaruka umwana wa kabiri bise Riot Rose, waje akurikira imfura yabo RZA, gusa abafana ntibazuyaje kumwereka ko bari bamukumbuye.
