Umuhanzi Bruce Melodie yasabye imbabazi The Ben n’abafana be nyuma yo kwihandagaza akavuga ko The Ben yari yarazimye.
Bruce Melodie yasabye imbabazi The Ben n'abafana be
Ibi Bruce Melodie yari aherutse kubitangariza mu kiganiro yari aherutse gukorera kuri Instagram, ikiganiro yagiranye n’abagabo babiri basanzwe bazwi kuri izi mbuga, Ddumba na Kasuku, aho yari yavuze ko The Ben yari yarazimye mu muziki, maze ngo akaza kuzahurwa n’impaka zavugwa hagati ye na we.
Nyuma yo kubona ko ari ibintu bitanyuze abakunzi ba The Ben, Bruce Melodie yahisemo gusaba imbabazi uyu muhanzi n’abakunzi be ku mugaragaro, ku bwo kumushotora.
Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Irene ku muyoboro wa YouTube, Bruce Melodie yagize ati:”Mumbabarire sinzongera!”
Hakunze kubaho impaka kenshi, hibazwa ari nde mwami mu muziki nyarwanda hagati ya The Ben na Bruce Melodie
Ku bijya na none n’ababa barababajwe n’imvugo ye ubwo yavuga ngo “nagande n’ubundi nta tuzi yamvomeraga”, Melodie yagize ati:”Ok! Narababeshyaga arayamvomera!”
