Uhagarariye Kanye West arifuza kumutera umugongo

Uhagarariye Kanye West arifuza kumutera umugongo

 Jul 7, 2024 - 17:18

Kanye West umuze iminsi avugwaho ubukene, amakuru agezweho aravuga ko umunyamategeko wari umuhagarariye mu rubanza aregwamo gukubita umufana yamaze gusaba gutandukana na we kubera kwanga kumwishyura.

Umwunganizi wa Kenye West mu mategeko, Brian Brumfield, yasabye kuva mu kazi ko guhagararira uyu mugabo kubera k yanze kumwishura amafaranga bvikanye nsetse akanga kumuvugisha burundu.

Uyu munyamategeko Brian uhagarariye Kanye West mu rubanza aregwam gukubita umufana wari umusabye autograph, yavuze ko uyu muraperi yishe umubano wabo w’akazi kuva ku ya 21 Kamena uyu mwaka.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Page Six, ngo ubwo Brian agiraga na cyo yagize ati:“Kanye West yanze kuvugisha, ndetse nk’aho ibyo bidahagije yanga no kunyishyura amafaranga twumvikanye.”

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, ni bwo Kanye West yarezwe n’umuntu ubuga ko yamukubise bikomeye nyuma yo kumusanga umutegereje igihe kirekire hanze ya hoteri ngo amusinyire(autograph), tariki 13 Mutarama 2022.