Rurangiranwa mu gutera amakofe ni indembe mu bitaro kubera imbwa

Rurangiranwa mu gutera amakofe ni indembe mu bitaro kubera imbwa

 Mar 13, 2024 - 20:31

Rurangiranwa mu mikino njyarugamba Mark Coleman, ni indembe mu bitaro nyuma yo guhira mu nzu kubera imbwa.

Uwahoze ari champion mu mikino nyarugamba, UFC, Mark Coleman w’imyaka 59, uzwi ku izina rya “Hummer”, bivugwa ko ameze nabi mu bitaro nyuma yo gukiza ababyeyi be mu mpanuka y’umuriro yabaye ejo mu gitondo cy’ejo kuwa Kabiri i Fremont, OH muri Amerika.

Ubwo umuriro watangiraga mu nzu ya ‘UFC Hall of Famer’, uyu munyabigwi mu iteramakofe yirutse ajya gutabara ababyeyi be Dan na Connie Foos Coleman, bari bafatiwe mu cyumba cyabo.

Icyakora ngo icyatagaje benshi, ni uko nyuma yo gutabara ababyeyi be, Mark yagarutse gutabara imbwa yabo, ariko umwotsi uramurenga yikubita hasi, gusa ngo abasha gutabarwa ahita ajyanwa mu bitaro hakoreshejwe indege.

Mark yatangiye kwigaragaza mu mikino jyarugambamu 1996. Yatsindiye imidari 10 muri UFC na 11 UFC ariko mu bafite ibiro byonshi, n’ubwo yatangaje ko ahagaritse gukina iyo mikino muri 2013.