Robo ya mbere y’igitsinagabo iherutse kuremwa muri Saudi Arabia, yitwa Muhammad, yateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gukorakora umunyamakurukazi wa televiziyo ya ‘Saudi Arabia Al Arabiya’, ibintu byakiriwe nabi mu batuye muri iki gihugu.
Iyo robo(robot) yamuritswe mu nama mpuzamahanga y’ikoranabuhanga yabereye i Riyadh mu ntangiriro za Werurwe, aho yatunganijwe n’ikigo kitwa ‘QSS Systems’.
Icyakora, kuva yakora uyu mugore ku mabuno, ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko kuri X yahoze ari twitter, abantu ntibarimo kubivugaho rumwe, kuko hari babadatinya kuvuga ko ubwo munyamakuru yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
