Muhire Kevin usanzwe akina mu kibuga hagati asatira izamu yongeye kuba umukinnyi w'ikipe ya Rayon Sports.
Ni amakuru Rayon Sports yemeje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yemeza ko uyu musore wakiniraga ikipe ya Al Yarmouk yo muri Kowait yongeye kuba umukinnyi wayo ku masezerano y'igihe gito.
Bivugwa ko amasezerano y'igihe gito Muhire Kevin yasinye ari amwemerera gukinira Rayon Sports igice cya mbere cya shampiyona, ni kuvuga imikino igera kuri 10 Rayon Sports isigaje ngo isoze igice cya mbere cya shampiyona 2023/2024.
Kevin agarutse muri Rayon Sports ayisanga ku mwanya wa gatanu mu mikino itanu ya shampiyona imaze gukina ikaba ifite ikirarane kimwe, ikaba ifite amanota 9 irushwa amanota ane na Musanze FC iri ku mwanya wa mbere.
View this post on Instagram
