Fally Ipupa benengango bamucucuye

Fally Ipupa benengango bamucucuye

 Nov 28, 2023 - 08:08

Umuhanzi Fally Ipupa ari mugahinda gakabije nyuma yo kwibwa ibikoresho byo mu nzu birimo isaha y'igiciro ubwo yari mu gitaramo i Paris.

Umuhanzi wo mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Fally Ipupa N'simba uzwi cyane nka Fally Ipupa, yifashe mapfubyi nyuma yuko atewe n'abajura iwe mu rugo bakamwiba ibintu by'agaciro ubwo yari yavuye mu rugo.

Iri sanganya ryabaye kuri uyu muhanzi, rikaba ryarabaye mu ijoro ryo ku 25 Ugushyingo 2023, ubwo yari mu gitaramo cye cyaberaga i Paris mu nyubako ya 'Paris Défense Arena'. Bikaba bitangazwa ko yibwe ibikoresho byo mu nzu birimo isaha y'ibihumbi 50 by'amayero.

Fully Ipupa yatewe n'abajura 

Intandaro yo kwibwa kwa Ipupa, ikaba ihuzwa n'imyigaragambyo yari yabanje gukorwa mbere y'igitaramo cye aho bashinjaga uyu muhanzi gushyigikira Leta ya DR-Congo yananiwe kugarura amahoro mu gihugu. 

Amakuru akaba avuga ko abinjiye mu rugo rwa Fally Ipupa ruherereye Neuilly-sur-seine, baciye mu idirishya. Abaturanyi b'uyu muhanzi bakaba baratabaje polisi ahagana i saa sita z'ijoro nyuma yo kubona abantu bavuye mu rugo kwa Ipupa.

Umuhanzi Fally Ipupa arashinjwa gukorana na Leta ya DR-Congo yananiwe kugarura amahoro 

Kwamagana igitaramo cy'uyu muhanzi byari byakozwe mbere, bikaba byari byatumye abantu 12 batabwa muri yombi, kuko bakekaga ko hashobora kubaho ibikorwa bibi.

Nubwo uyu muhanzi ashinjwa gukorana na Leta ya DR-Congo, ariko we avuga ko atari umunyapolike, ko ibye ari umuziki ibindi atabibazwa.