Mu ntangiriro z'iki Cyumweru ku wa Kabiri tariki ya 03 Ukwakira, nibwo David Adedeji Adeleke uzwi mu muziki nka Davido muri Nigeria no mu isi muri rusange, yasohoye amashusho y'indirimbo yari yakomeje kurarikira abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga ze akurikirwaho n'amamiliyoni y'abatuye isi.
Nyuma y'igihe kinini abantu bategereje, yaje gushyira hanze amashusho y'indirimbo yise "Feel", ndetse iyi ndirimbo ikaba ari imwe mu ndirimbo 17 ziri kuri alubumu yuyu muhanzi yise "Timeless" yasohotse ku wa 31 Werurwe 2023. Iyi alubumu kandi, akaba akomeje gukora ibitaramo byo kuyimurika bizenguruka isi.
Davido akaba yaratangaje ko yasohoye iyi ndirimbo ubwo yari muri Australia aho yari yagiye gukora ibitaramo n'ubundi byo kumurika iyi alubumu, aho yanagaragaye ayoboye ikipe y'abantu be, barimo gusenga mbere yo kwinjira ku rubyiniro.
Nyuma yuko iyi ndirimbo isohotse, akaba yaratangaje ko yatwaye miliyoni 100 z'ama-Naira; aya akaba ari amafaranga akoreshwa muri Nigeria. Aya ngaya, akaba angana na miliyoni 159,723,858.60 y'amanyarwanda. Ni mu gihe ibyo bikijya hanze byahise bivugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga kugera magingo aya.

Davido ari kumwe n'abana bato yambaye impuzankano bari kubyina indirimbo ye Feel
Indirimbo "Feel" yuyu Davido, ikaba ifite iminota itatu n'amasegonda 36, amashusho yayo akaba yarayobowe na TG Omori. Hakaba kandi hari andi mashusho akomeje gukwira ku mbuga nkoranyambaga, uyu muhanzi yambaye impuzankano y'abana bato b'ababyinnyi bari kubyina iyi ndirimbo.
Videwo ya Davido yambaye imyenda y'abana babyina ikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga pic.twitter.com/bFg1cHWYuM
— the choice_live (@thechoice_live) October 7, 2023
