Ku wa Gatanu, abapolisi bavuze ko habaye agahomamunwa, ubwo abashakanye bagurishiga umwana wabo w’umuhungu w’amezi umunani mu karere ka Parganas y’Amajyaruguru, kugira ngo bagure iPhone yo gukoresha kuri Instagram. Polisi yavuze ko uyu mugore yamaze gutabwa muri yombi mu gihe bagishakisha umugore.
Polisi yatangaje iti: “Twafashe uyu mugore dutangira gushaka umugabo we watorotse nyuma yo kutumenyesha ibyabaye. Abashakanye bagurishije uruhinja, maze bagura iPhone 14 yo gukoresha reel (amashusho magufi akireshwa ku mbuga nkoranyambaga). Uyu mubyeyi kandi yemeye ko bakoresheje amafaranga yabonetse mu kugurisha umwana kugira ngo babashe kujya ahantu nyaburanga nka Digha na Mandarmoni.
Uyu muyobozi yavuze ko ibyabaye hashize ukwezi, ariko bikamenyeshwa polisi ku ya 24 Nyakanga. Polisi yagize ati: "Twatangiye iperereza kandi turimo gushaka uyu mugabo." Polisi yongeyeho ko uyu mugore arimo guhatwa ibibabazo, ikomeza ivuga ko irimo no gushakisha umuryango waguze urwo ruhinja, ivuga ko na bo bagomba gutabwa muri yombi kuko ibyo bakoze bitemewe.
