U Burusiya bwasizoye nyuma y'uko USA yemereye Ukraine kurasa ku butaka bwabo

U Burusiya bwasizoye nyuma y'uko USA yemereye Ukraine kurasa ku butaka bwabo

 Nov 18, 2024 - 19:52

Nyuma y'uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika Joe Biden ahaye uburenganzira Ukraine bwo kurasa ku butaka bw'u Burusiya, iki gihugu nacyo cyatangaje ko kiteguye gufata ingamba zikwiye.

Umuvugizi w'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu mu Burusiya Kremlin, Dmitry Peskov, yatangaje ko uyu mwanzuro Amerika yafashe ntakindi ugiye guhindura uretse gutuma intambara ikaza umurego gusa.

Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru, Peskov yavuze ko ibi byerekana ko umunsi wa Mbere Ukraine izarasa mu Burusiya hakoreshejwe intwaro za Amerika, ubwo iki gihugu nacyo kizaba cyinjiye muri iyi ntambara mu buryo bweruye.

Kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2024, nibwo Joe Biden uri mu minsi ye ya nyuma ku butegetsi yemereye Ukraine gukoresha intwaro babahaye kuzirashisha mu Burusiya. 

Amerika yemereye Ukraine kurasisha intwaro za Army Tactical Missile System (ATACMS) imbere mu Burusiya by'umwihariko muri Kursk kugira ngo irengere ingabo zayo zagabye ibitero muri iyo Ntara. 

Guhera muri Kanama 2024, Ukraine yagabye igitero mu Ntara ya Kursk yo mu Burusiya mu rwego rwo gushyira igitutu ku Burusiya kugira ngo bukure ingabo zabwo mu burengerazuba bwa Ukraine, ariko nyamara izi tekinike ntizakunze. 

Amerika yemereye Ukraine kurasa mu Burusiya, nyuma y'uko yari imaze iminsi yaranze kubikora kuko u Burusiya bwavugaga ko ari umurongo utukura.

Icyakora guhera Donald Trump yakongera gutorwa, inkuru nyinshi zigaruka mu itangazamakuru zivuga ko Ukraine iri gushyirwaho igitutu kugira ngo yemere ibiganiro by'amahoro n'ubwo Ukraine ivuga ko itazahara ibice byayo ngo bitwarwe n'u Burusiya.