Trump arashinja Kamala Harris gutinya itangazamakuru

Trump arashinja Kamala Harris gutinya itangazamakuru

 Aug 4, 2024 - 19:18

Mu gihe byari biteganyijwe ko tariki 4 z'ukwezi gutaha Donald Trump na Kamala Harris bagomba guhurira mu kiganiro mpaka kuri televiziyo ya Fox News, Kamala Harris yabiteye utwatsi, Trump amuca urwaho.

Donald Trump yemeye kwitabira ibiganiro mpaka byateguwe na Fox News ku ya 4 Nzeri, bizaba byitabiriwe n’abantu batandukanye, ariko Kamala Harris we yabitewe.

Trump yitabiriye ibiganiro mpaka ku binyamakuru bitandukanye, birimo CNN na ABC, ndetse no ni na byo  byatumye Harris yanga kujya impaka na we kuri Fox News mu buryo buri live.

Icyakora, Trump we si uko abubona kuko, yashinje Harris gukwepa ibiganiro mpaka bugamije guhatana ibibazo bijyanye na politiki ye ndetse n’ibigwi, anamushija guhitamo ibitangazamakuru bitazamuhata ibibazo kuri politiki ye ndetse n’ibyo yakoze nka Visi Perezida.