Rurageretse hagati ya FIFA n’Ishyirahamwe ry’Abakinnyi ku Isi

Rurageretse hagati ya FIFA n’Ishyirahamwe ry’Abakinnyi ku Isi

 Jul 26, 2025 - 22:48

Impuzamashyirahamwe ya Ruhago ku Isi, FIFA ihanganye n'iry'abakinnyi, FIFPro bitewe n'impaka z'urudaca zishingiye ku buryo abakinnyi badahabwa umwanya urambuye wo kuruhuka kubera amarushanwa menshi.

Ibi bije nyuma y'uko perezida w'Ishyirahamwe Mpuzamahanga riharanira uburenganzira bw’abakinnyi babigize umwuga "FIFPro"  Bwana Sergio Marchi, yabwiye ikinyamakuru "The Athletic" ko ubutegetsi bwa Gianni Infantino ari “imbogamizi ikomeye” ku muryango ayoboye.

Nyuma y’inama yahuje amashyirahamwe y’abakinnyi 58 yabereye mu Buholandi ku wa Gatanu, FIFPro yagarutse kuri ibi bashinja FIFA, isohora n'itangazo rishinja FIFA “gutesha agaciro uburenganzira bw’abakinnyi bikomeye” binyuze mu butegetsi bw'igitugu bwa FIFA.

FIFA nayo yasubije mu itangazo yasohoye, ishinja FIFPro  guhitamo inzira yo guhangana by'amafuti bajya kuvugira mu bitangazamakuru aho kwicarana n'inzego zibishinzwe ibibazo bihari bikaganirwaho.

FIFA ikomeza igaragaza ko ubuyobozi bwa FIFPro burajwe ishinga no gushyira imbere inyungu zabo ku giti cyabo aho gushyira imbere iz'abakinnyi bashinzwe kureberera.

Muri ibi bihe hari ingingo itari kuvugwaho rumwe inshingiye ku bwinshi bw'amarushanwa ndetse FIFA iherutse guhindura imimerere y'igikombe cy'Isi cy'amakipe (Club World Cup), ibyongereye umubare w'imikino ikinwa mu gihe kingana n'umwaka.

Abatoza n'abakinnyi bakomeje kutishimira iyo mikino kubera ukuntu ari myinshi binavamo  gushyamirana hagati ya FIFA n'amashyirahamwe yo hirya no hino ku Isi y'abakinnyi n'abatoza.

Sergio Marchi Perezida mushya wa FIFPro akomeje kwibasira umuyobozi bwa FIFA

Igikombe cy'Isi cy'amakipe (Club World Cup) cyongereye umubare w'amarushanwa