Araújo ateganya gusura ahantu hatandukanye muri iki gihugu, agashaka ahacecetse hatanga ituze kugira ngo abashe gutunganya amarangamutima ye no kongera kwisubiraho.
Amakuru avuga ko abamuhagarariye bamaze kugirana ibiganiro na Deco, umuyobozi muri FC Barcelona, bamumenyesha ko Araújo akeneye umwanya wo kuruhuka no kongera kubaka imbaraga z’umutima n’umubiri.
Bagaragaje ko uyu mukinnyi ubu akeneye amahoro n’ituze kugira ngo yongere kugaruka afite imbaraga nshya.
FC Barcelona yatangaje ko ishyigikiye byuzuye icyemezo cya Araújo, yemeranya ko atazasubira i Catalonia kugeza yumvise ko yiteguye neza.
Ikipe ivuga ko icy’ingenzi ari uko umukinnyi agaruka ameze neza haba ku mubiri no mu mutwe.
Icyakora uru rugendo rubonwa nk’icyemezo kigamije gufasha Araújo kongera kugaruka ashikamye kandi afite imbaraga zo gukomeza urugendo rwe rwa ruhago.
Araújo yagiye mu rugendo rutagatifu muri Israel

