Mu itangazo ryasohowe nyuma y’inama yihutirwa y’abaminisitiri yabereye muri Downing Street i Londres kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025, Starmer yavuze ko Ubwongereza bushobora gutangaza icyo cyemezo mbere y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye izabera i New York muri Nzeri 2025.
Starmer yavuze ko Israel igomba guhagarika umugambi wayo wo kwigarurira igice cya West Bank, kandi ko igomba kwemera inzira y'ibiganiro bya politiki bizajyana ku gisubizo cya Leta ebyiri zigenga.
Misitiri w'Intebe w'u Bwongereza kandi yongeyeho ko umutwe wa Hamas ugomba guhagarika ibikorwa byawo ndetse ikanarekura ipfungwa zose yafashe, kandi ntigomba kugira uruhare mu buyobozi buzashyirwaho.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel ibicishije ku rukuta rwayo rwa X (Twitter), yihanangirije Ubwongereza ivuga ko icyo cyemezo ari "igihembo kuri Hamas" kandi ko kizabangamira ibiganiro byo kurangiza intambara.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko atigeze agirana ibiganiro na Starmer kuri iki kibazo. Yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru ari mu ndege ya Air Force One.
Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron mu minsi ine ishize nawe aherutse gutangaza ko Ubufaransa buzemeza Palestine nk'igihugu muri Nzeri 2025.
Ubufaransa nabwo burategura kwemeza Palestine nk'igihugu
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump ntiyagishijwe inama ku kemezo Ubwongereza bwafashe
