Nyuma na nyuma habonetse ugomba kuryozwa urupfu rwa 2Pac

Nyuma na nyuma habonetse ugomba kuryozwa urupfu rwa 2Pac

 Sep 30, 2023 - 15:29

Nyuma y'imyaka isaga 27 umuraperi 2Pac yitabye Imana, habonetse uwari inyuma y'urupfu rwe.

Polisi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yataye muri yombi uwahoze ayoboye agatsiko k'amabandi, imushinja kuba ari we wivuganye umuraperi kabuhariwe Tupac Shakur, wamenyekanye nka 2Pac mu 1996, itambwe ikomeye itewe muri uru rubanza rumaze imyaka itabarika.

Nyuma y'imyaka 27 habotse ugomba kuryozwa urupfu rwa 2Pac

Ku munsi w'ejo ku wa Gatanu, nibwo inteko y'abacamanza yahamije Duane "Keffe D" Davis w'imyaka 60, icyaha cyo kwica akoresheje intwaro ikomeretsa.

Raporo ya polisi, ivuga ko uyu mugabo yateguye ubwicanyi mu rwego rwo kwihorera kuri 2Pac wari warwaniye na mwishywa we muri Casino.

Polisi ivuga ko Davis ubwe yiyemerera ko yari mu modoka yarashe 2Pac

Davis yatawe muri yombi hafi y'urugo rwe ejo ku wa Gatanu, ndetse biteganyijwe ko agomba kugezwa imbere y'ubutabera mu minsi iri imbere.

Polisi ivuga ko iyi ari intambwe ikomeye yateye, cyane ko umuryango wa Tupac Shakur wari umaze imyaka 27 yose utegereje ubutabera.