Moses Basena watoje mu Rwanda yabonye akazi gashya

Moses Basena watoje mu Rwanda yabonye akazi gashya

 Jul 21, 2025 - 21:12

Umugande watoje ikipe ya Sunrise FC kuva mu mwaka wa 2019–2021, Moses Basena yabonye imirimo mishya mu ikipe y'iwabo ya Club Sports Villa nk'umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya tekinike mu ikipe (Technical Director).

Iyi kipe yabitangaje ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa mbere tariki 21 Nyakanga 2025, ubwo yatangazaga n'abandi bagomba gufasha iyi kipe mu itsinda ry'abatoza.

Uyu mutoza w'imyaka 57 y'amavuko, ni umwe mu bakomeye muri aka Karere ka Afurika y'i Burasirazuba aho yatoje amakipe nka Simba SC, Express FC, Uganda, KCCA FC, Sunrise FC ndetse na SC Villa yagarutsemo.

Mu byumweru bishize, Villa yanatangaje Umunya-Serbia Kovacevic Zeljko nk’umutoza mukuru nyuma yo gutandukana na Morley Byekwaso wayitozaga.

SC Villa mu mwaka ushize w’imikino, yarangije iri ku mwanya wa gatatu nubwo mu mwaka w'imikino wari wabanje yari yegukanye igikombe cyari icya 17 mu mateka yayo.

Abandi batangajwe na SC Villa:

  • Dan Mubiru yahawe akazi nk'ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw'ikipe (Team Manager)
  •  Samuel Kawalya yahawe akazi nk'umutoza  w’abazamu
  •  Samuel Tusingwire, umusesenguzi w'ikipe 
  •  Hakim Ssenkumba yagizwe umutoza w'ikipe y'abakiri bato ya SC Villa

Moses Basena ni umwe mu batoza batoje abakipe benshi mu karere ka CECAFA

Basena yatoje ikipe ya Sunrise FC hano mu Rwanda nubwo bitagenze neza