Uyu musore yasohotse mu ikipe ya Real Madrid mu mwaka wa 2024 yerekeza mu ikipe ya Al-Gharafa SC mu gihugu cya Qatar, kuva icyo gihe ntabwo irabona undi rutahizamu wabafasha kwinjiza ibitego byinshi cyane ko Endrick bitigeza bikunda.
Ubwo Real Madrid yatakazaga umukino imbere ya Barcelona, umuzamu wayo Thibaut Courtois yavuze ko babuze umuntu nka Joselu aca amarenga ko bakeneye rutahizamu wo kubafasha gutsinda uburyo bw'ibitego barema.
Kuri ubu Kylian Mbappé ni we ukina nka rutahizamu nubwo asanzwe ari umukinnyi wo ku mpande.
Bizaba ari ikizami gikomeye kuri Xabi Alonso kumenya uburyo azabakinisha ku buryo Kylian Mbappé, Vinicius Junior, Rodrygo Goes, Arda Güler na Endrick bose bazabona umwanya wo gukina hiyongereyeho n'uwo rutahizamu.
Real Madrid nigura rutahizamu azaza yiyongera kuri Trent Alexander-Arnold bakuye muri Liverpool, Dean Huijsen bavanye muri AFC Bournemouth, na Franco Mastantuono baguze mu ikipe ya River Plate yo muri Argentine.
Kugeza ubu Real Madrid iri mu mikino y'igikombe cy'Isi cy'Amakipe (Club World Cup 2025) kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ifite umukino wayo wa mbere ushobora kutabonekamo Kylian Mbappé kuri uyu munsi bakina na Al-Hilal Saudi FC.
Joselu yafashije Real Madrid kwegukana UEFA Champions League baheruka
Umutoza Xabi Alonso azaba afi umukoro wo gushakira umwanya buri mukinnyi
