Igikombe cy'Isi cya 2026 kizatangira tariki 11 Kamena 2026 kirangire 19 Nyakanga 2026, kikazabera mu bihugu bitatu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yagize ati “Twiteguye kwakira Isi yose muri Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Bizaba ari irushanwa rinini kandi rikomeye kurusha ayandi yose. Turasaba abafana bose ku Isi gutangira kwitegura kubona amatike yabo kuko aya niyo matike azaba akenewe cyane kurusha ayandi yose mu mikino Mpuzamahanga.”
Igikombe cy’Isi cya 2026 kizaba kirimo amakipe 48 avuye kuri 32 yari asanzwe, kandi FIFA yizeye kwakira abafana barenga miliyoni 6.5.
Umukino wa nyuma uzabera kuri MetLife Stadium i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahanakiniwe umukino wa nyuma w'igikombe cy'Isi cy'amakipe (Club World Cup 2025) wahuje Chelsea na Paris Saint Germain.
Nk’uko bisanzwe bimenyerewe mu marushanwa aheruka, abafana barasabwa gusura urubuga rwa FIFA.com/tickets hanyuma ukiyandikisha, maze igihe cyo kugura amatike nyirizina n'ikigera ukagura itike yawe.
Gianni Infantino yemeza ko Igikombe cy'Isi cya 2026 kiza ari icya mateka
Igikombe cy'Isi cya 2026 biteganyijwe ko kizitabirwa kuruta icyo muri Qatar
