APR FC yabuze umukinnyi yifuzaga, itandukana n'abandi batandatu

APR FC yabuze umukinnyi yifuzaga, itandukana n'abandi batandatu

 Jun 14, 2025 - 15:02

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yamaze gutandukana n'abakinnyi batandatu, mu gihe Umunya-Burkina Faso, Jack Pantoulou Diarra bifuzaga gusinyisha nawe yamaze gusinyira indi kipe yo muri Tunisia.

Iyi kipe iri muzikomeye ku mugabane wa Afurika cyane ko  ifite ibikombe bine bya CAF Champions League ndetse n'ibikombe 34 bya Shampiyona, hakiyongeraho ko iri mu makipe ari gukina imikino y'Igikombe cy'Isi cy'Amakipe (Club World Cup2025), ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2025, yatangaje ko yamaze gusinyisha uyu Munya-Burkina Faso imuvanye mu ikipe ya Salitas FC.

Uyu musore w'imyaka 18, yifuzwaga na APR FC nayo ubu iri ku isoko ry'abakinnyi yitegura imikino ya CAF Champions League mu mwaka utaha w'imikino wa 2025-2026.

Amakuru yemezaga ko hakoreshwaga na rutahizamu wa APR FC nawe ukomoka muri Burkina Faso 'Cheick Djibril Ouattara',  nko kumureshya kugira ngo abe yasinyira APR FC gusa byarangiye uyu musore ukiri muto ahisemo kwerekeza muri Tunisia.

Jack Pantoulou Diarra  akina ku ruhande rw'i bumoso yataka (Left-Wing), kandi APR FC ni imwe mu myanya ikeneyeho umukinnyi cyane ko Mugisha Gilbert uzwi nka 'Barafinda' asoje amasezerano, gusa mu bakinnyi APR FC yagaragaje ko batandukanye, Mugisha Gilbert ntarimo.

Kugeza ubu APR FC nta mukinnyi n'umwe iratangaza ku mugaragaro ko yasinyishije, gusa amakuru menshi avuga ko  Iraguha Hadji ndetse na Bugingo Hakim bose basoje amasezerano muri Rayon Sports bamaze gusinya.

Abakinnyi APR FC yatangaje ko batandukanye na yo ni Taddeo Lwanga, Ismail Nshimirimana(Pitchou), Victor Mbaoma Chukwuemeka, Kwitonda Alain Bacca, Ndayishimiye Dieudonne uzwi nka 'Nzotanga' ndetse na Pavelh Ndzila.

Abakinnyi batandatu batandukanye n'ikipe ya APR FC

Jack Pantoulou Diarra yahisemo kwerekeza mu ikipe ya Espérance Sportive de Tunis