Muri ruhago y'u Rwanda abantu benshi bamaze igihe bibaza uko shampiyona y'u Rwanda izasubukurwa mu gihe FERWAFA itari kumvikana n'abanyamuryango bayo ku bijyanye n'ingamba zo kwirinda Covid-19.
Mu mpera z'icyumweru gishize n'ibwo Minisiteri ya siporo mu Rwanda yasohoye itangazo rihagarika imikino mu Rwanda harimo na shampiyona ya Primus National League iminsi 30 kubera Covid-19.
Gusa ubwo Minisitiri Munyangaju Aurore Mimosa yaganiraga na Televiziyo y'igihugu, yatangaje ko hari ibyo basabye amakipe kandi ko mu gihe babyubahiriza bakomorerwa iminsi 30 itageze. Ibyo basabwe byari kugaragaza ingamba zizashyirwa mu bikorwa zo kwirinda Covid-19.
Inama yayobowe na FERWAFA nk'urugaga rushinzwe umupira w'amaguru yari yemeje ko amakipe agiye gukina abakinnyi baba mu mwiherero ndetse abakinnyi bakajya bapimwa buri masaha 48.
Nyuma y'uko amakipe arimo Rayon Sport, Gasogi United ndetse bivugwa ko harimo na Kiyovu Sport avugiye ko batashobora kubahiriza ayo mabwiriza, byabaye ngombwa ko haterana indi nama.
Bikomeje kuvugwa ko iyi nama yemeje ko shampiyona izasubukurwa vuba aha ariko bakaba bakuyeho ibyo gukina abakinnyi baba mu mwiherero ndetse no gupimwa buri masaha 48.
Shampiyona yasubitswe na Minisiteri ya siporo mu gihe n'ubundi yari isanzwe igiye guhagarara kuko Amavubi yari agiye gukina imikino ibiri ya gicuti na Gunea Conakry iri kwitegura Igikombe cya Afurika.
Umukino wa mbere Amavubi yatsinze Guinea Conakry ibitego 3-0, mu gihe umukino wa kabiri uteganyijwe kuri uyu wa Kane ubundi Guinea Conakry ya Naby Keita ikabona kwerekeza muri Cameroon.
Amabwiriza yari abangamiye amakipe yakuweho(Image:Rwanda Magazine)
FERWAFA yakuyeho amabwiriza yari ateje inkeke(Net-photo)
