Ubu bukwe bwahawe izina rya 'Chivido2025', bwabereye i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukaba bwaraje bukurikiye ubundi bwabo bwabaye muri Kamena 2024, ndetse no guca mu rukiko kwabo na byo byabaye muri uwo mwaka byose bibera i Lagos muri Nigeria.
Ni amakuru yatangajwe n'umunyamategeko wa Davido, Prince Ajudua, avuga ko abaminisitiri batatu bashyingiriye Davido na Chioma i Miami ari na bo bashyingiye Se na Nyina mu myaka myinshi ishize. Icyakora, uyu munyamatrgeko we ntiyigeze atangaza amazina y'aba baminisitiri.
Davido na Chioma bakoreye ubukwe bw'akataraboneka i Miami muri Amerika
Ubu bukwe bwatsikiriyemo akayabo k'amafaranga angana na milliyoni hafi 4 z'amadolari ya Amerika nk'uko byatangajwe na nyirubwite, Davido, bwari bwitabiriwe n'ibikomerezwa ku mugabane wa Afurika birimo umuherwe wa mbere kuri uyu mugabane, Aliko Dangote, n'abandi babarizwa mu bindi bisata bikomeye muri Nigeria.
Aba twavugamo nka Kamaru Usman wamamaye mu mikino, Zlatan Ibile wamamaye muri muzika, Umuyobozi wa Leta ya Osun yo muri Nigeria, Ademola Adeleke, Papa wa Davido, Adedeji Adeleke, n'abandi b'amazina akomeye bari baje kwishimira ibi birori bya mugenzi wabo aho banabanje gusangira ifunguro ryabanjirije ubu bukwe.
Davido yatangiye gukundana na Chioma mwaka wa 2019, nyuma urukundo rwabo ruzamo kidobya muri 2021, ubwo Davido yavugwagaho kugira undi mugore ku ruhande, gusa barakomeza barakundana. Mu Ukwakira 2022, aba bombi babuze imfura yabo y'umuhungu, Ifeanyi, witabye aguye mu bwogero bwo mu rugo aho baba i Lagos muri Nigeria.
Mu mwaka ukurikiyeho wa 2023, babyaranye abana babiri b'impanga bavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Ukwakira, nyuma baza gukora ubukwe bwari bwiganjemo gakondo muri Kamena 2024.
Ubukwe bwa Davido na Chioma bwatwaye miliyoni 3.7 z'amadorari

