Umukinnyi wa Arsenal yemeje ko intego ari igikombe cya shampiyona uyu mwaka

Umukinnyi wa Arsenal yemeje ko intego ari igikombe cya shampiyona uyu mwaka

 Jul 11, 2022 - 06:25

Nyuma y'uko Arsenal ikomeje kwigaragaza ku isoko yitegura umwaka w'imikino, Mohamed Elneny yatangaje ko iyi kipe ishaka igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka w'imikino.

Nyuma yo kunanirwa kuza mu makipe ane ya mbere mu mwaka ushize w'imikino, Arsenal ikomeje kwigaragaza ku isoko ry'abakinnyi igenda isinyisha abakinnyi ikeneye.

Iyi kipe yamaze gusinyisha rutahizamu Marqinhos w'imyaka 19, umuzamu Matt Turner ndetse n'umukinnyi wo hagati Fabio Vieira wakiniraga ikipe ya FC Porto.

Gusa Gabriel Jesus Arsenal yasinyishije imukura muri Manchester City niwe watumye Mohamed Elneny abona ko ikipe ye ifite gahunda ifatika, dore ko uyu musore yanatsinze ibitego bibiri mu mukino wa gicuti batsinzemo Nurnberg.

Gabriel Jesus yitezweho gufasha Arsenal cyane(Image:Getty)

Nyuma y'ibyo Elneny w'imyaka 29 yagize ati:"Ndatekereza ko twasunitse cyane ngo dusoze mu makipe ane ya mbere mu mwaka w'imikino ushize, ariko ku bw'amahirwe make ntitwabukoze.

"Ariko muri uyu mwaka tuzongera kandi kandi tuzagerageza gutwara shampiyona, tuzagerageza gukora uko dushoboye dushyire Arsenal aho ikwiye kuba iri."

Avuga kuri Gabriel Jesus watwaye ibikombe bine bya shampiyona muri Manchester City, Elneny yagize ati:"Ni umukinnyi mukuru ufite ubunararibonye kandi yatwaye shampiyona muri Manchester City. Afite ubunararibonye cyane muru iyi shampiyona kandi twishimiye kumugira.

"Birumvikana tugiye kumwigiraho, kandi ibyo ni byiza kuri twe.

"Birumvikana, tugiye gusunika cyane tugere kure hashoboka."

Mohamed Elneny afite ikizere cyo kwegukana igikombe cya shampiyona(Image:Getty)