Ukraine ikomeje kwiturwaho n'umujinya w'u Burusiya

Ukraine ikomeje kwiturwaho n'umujinya w'u Burusiya

 Aug 26, 2024 - 20:37

Ukraine iri mu marira menshi nyuma y'umuriro wa bombe Z'Abarusiya zikomeje kwitura ku bikorwaremezo bitandukanye imbere mu gihugu, ndetse n'imbere mu Burusiya mu ntara ya Krusk bakaba bakomeje kuhatakariza ingabo amagana.

Intambara ihanganishije u Burusiya na Ukriane ishyigikiwe n'Uburengerazuba bw'Isi igeze ku munsi wa 914 aho ibintu bikomeje gukomerera uruhande rwa Ukraine ku mirongo y'urugamba mu bice bitandukanye.

Mu ijoro ryakeye u Burusiya bwakoze igitero cya mbere gikomeye guhera iyi ntambara itangiye muri Gashyantare 2022, aho dorone zirenga 100 na misile zirenga 100 zidahusha ku ntego zakoze ibitero mu bice birenga 10 bya Ukraine ku bikorwaremezo  by'ingufu.

Nyuma y'iki gitero karundura, Perezida Ukraine Zelenskyy yavuze ko icyo ari igitero cy'iterabwoba ndetse ahita asaba abafatanyabikorwa gukora ibishoboka byose akagezwaho intwaro agahangana n'u Burusiya.

Ntabwo ari imbere muri Ukraine u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye, kuko no mu ntara ya Krusk u Burusiya bwishe abasirikare 400 ba Ukraine n'ibimodoka by'intambara 27 birangizwa nk'uko Minisiteri y'ingabo mu Burusiya ibitangaza.

Guhera tariki ya 06 Kanama ubwo Ukraine yagabaga ibitero muri Krusk, abasirikare barenga 6,200 bamaze kwicwa nk'uko TASS ibitangaza, ari nako ingabo z'abarusiya zasubije inyuma ibitero bya Ukraine mu migi ya Kremyanoye, Malaya Loknya na Nechaev.