Guhera tariki ya 07 Ukwakira 2023 ubwo umutwe wa Hamas wagabaga ibitero simusiga ku butaka bwa israel, Uburasirazuba bwo hagati bwabaye isibaniro ry'urugamba, bitewe n'uko Israel yahise itangira intambara yo guhora.
Ku ikubitiro Israel yagabye ibitero muri Gaza kurwanya Hamas aho umwaka ushize bari kurwana, abarenga ibihumbi 43 bamaze kuhasiga ubuzima ndetse intambara kurangira bikomeje kuba umugani.
Israel yagabye kandi ibitero muri Libani kurwanya umutwe wa Hezbollah usanzwe uyirwanya, aho ibitero bikomeje kugeza ubu, ndetse amagana y'abasivilie bakomeje kuhagwa.
Icyakora, Israel iri gutangaza ko yitegeuye gutanga agahenge mu ntambara na Hezbollah nyuma y'uko baganiriye na Pereizida mushya wa Amerika Donald Trump.
Ibihugu by'Abarabu byakomeje kwamagana Israel bagaragaza ko ikomeje kwica Abasivile,ibyatumye Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdoğan iki kibazo akigira icye, ndetse kuri ubu yatangaje ko igihugu cye cyacanye umubano na Israel bitewe n'uko bagishinja gukora Jenoside.
Ku rundi ruhande, Perezida w'u Burusiya Vladmir Putin yatangaje ko yiteguye kuba umuhuza hagati ya Israel na Iran bamaze iminsi bahererekanya ibitero byo mu kirere. Magingo aya Iran niyo itahiwe kwihorera kuri Israel.
