Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025, Urukiko Rukuru rwa Yeruzalemu rwanze ku nshuro ya kabiri ubusabe bwa Benjamin Netanyahu n'abamwunganira mu mategeko, bwo gusubika urubanza rwe.
Uru rukiko ruvuga ko impamvu ziri gutangwa zitumvikana, nubwo yatanze kopi igaragaza gahunda afite muri iki Cyumweru zatuma ataboneka.
Bati "Mu ngengabihe yagaragajwe, nta mpamvu idasanzwe cyangwa ikibazo gikomeye cyagaragajwe cyatuma iburanisha risubikwa."
Icyakora urukiko rwemeye ko iburanisha ryo ku wa Mbere ryatangira saa tanu n’igice za mu gitondo (11:30 A.M) aho kuba saa tatu nk’uko bisanzwe.
Ese Benjamin Netanyahu arashinjwa iki?
Benjamin Netanyahu ashinjwa kwakira impano zihenze hamwe n’umugore we Sara Netanyahu, harimo ibifite agaciro karenga NIS 700,000 ($206,261.51), ndetse ngo yafashije umucuruzi wo muri Hollywood, Arnon Milchan kubona visa n’ibindi byemezo.
Ashinjwa kugerageza kumvikana n’umuyobozi w'ikinyamaku 'Yedioth Ahronoth', Arnon Mozes, kugira ngo bajye bamuvuga neza mu itangazamakuru, nawe amufashe kutsikamira ikinyamakuru bahangana cya 'Israel Hayom'
Netanyahu Kandi ashinjwa gufata ibyemezo bifitiye inyungu nyinshi isosiyete y'itumanaho ya 'Bezeq' na yo umugororera gutuma avugwa neza mu itangazamakuru.
Benjamin Netanyahu amaze iminsi ahanganye n'igihugu cya Iran mu ntambara
Donald Trump yasabye ko ibyo Benjamin Netanyahu ashinjwa byakurwaho burundu
