Iyi filimi yerekanwe bwa kabiri ku mugaragaro ku wa 16 Kanama 2025 August 2025 kuri Eusbett Hotel Cinema iherereye i Sunyani, ngo yirengagijwe n’ibitangazamakuru byo muri Ghana nk’uko nyirubwite abisobanura. Mu mashusho y’akababaro uyu munyasinema yashyize ahagaragara, avuga ko yabuze igitangazamakuru na kimwe cyayikoraho inkuru. Ngo usibye kuba yarerekaniwe ahantu hamwe, nta ahandi kuri televiziyo cyangwa radiyo yiogeze yitabwaho n’inshuro imwe.
Lil Win kandi avuga ko hanze ya Ghana iyi filimi yitabwaho ariko ngo ibitangazamakuru by’iwabo ntibiyiteho yewe ntibinavuge ku ntsinzi yayo. Ngo yagaragaje ko hagati y’amatariki ya 22 na 24 Kanama 2025 yamaze igihe areba ibitangazamakuru bitandukanye byaho yizeye ko hari aho yanavugwaho. Ku bw’amahirwe make, ngo nta na kimwe cyabikoze.
Ati: “Filimi [yange] yatwaye igihembo cya filimi nziza muri Afurika mu bihembo bya Switzerland Festival Awards, ariko nta televiziyo n’imwe irayivugaho.”
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Lil Win yatangaje ko yayishoyemo akabakaba Milliyoni y’Amadorali ya Amerika. Yari yabanje kwerekanwa bwa mbere ku mugaragaro ku wa 2 Kanama 2025. Yakomeje atsindagira ko nta wundi munyasinema muri Ghana urashora amafaranga angana gutyo mu mushinga umwe ari uwa filimi ndetse avuga ko ari intambwe ndende ari gutera mu kuzamura uruganda rwa sinema ya Ghana.
