Kandida-Perezida Donald Trump uhagarariye ishyaka ry'Abarepubulikani yongeye kwikomanga ku gatuza ko ari we Perezida mwiza wabaniye neza Abirabura muri Amerika nyuma ya Perezida Abraham Lincoln.
Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 31 Nyakanga 2024, ubwo yari mu kiganiro ku gitangazamakuru cya National Association of Black Journalists i Chicago.
Agaruka kuri Kamala Harris bazahangana mu matora y'Umukuru w'Igihugu tariki ya 05 Ugushyingo 2024, yibajije niba ari Umuhinde cyangwa Umwirabura, gusa avuga ko akunda cyane abantu bafite uruhu rwirabura.
Kuri Trump, avuga ko mu minsi ya mbere Harris yumvikanye avuga ko ari Umuhinde yamamaza n'imico yabo, ariko ngo mu minsi ya vuba yatunguwe no kumva avuga ko asigaye ari Umwirabura, ati "Nge rero si mpinduka, ndibaza ese Harris ni Umuhinde cyangwa ni Umwirabura?.
Kamala Harris uzahagararira ishyaka ry'Abademokarate akaba afite umubyeyi umwe w'Umuhinde n'undi w'Umwirabura ufite inkomoko muri Jamaica.
Icyakora nubwo Trump yitera ijeki ko ari we Perezida wabaniye neza Abirabura, ariko kandi bamwe siko babibona, dore ko ku butegetsi bwe yakunze gukoresha amagambo benshi bita ko akojeje isoni avuga ku batuye Umugabane w'Afurika ndetse abandi bakavuga ko agira irondaruhu.
