Amakuru yemejwe n’ibitaro byamuvuye aravuga ko Mbeumo ari we watanze amafaranga yose yakoreshejwe mu kubaga uwo mwana wari ufite ikibyimba ku bwonko. Ibi ngo byabaye nyuma y’uko ahuye n’uwo mwana ku buryo butunguranye ubwo yari mu bikorwa byo kwiyandikisha hifashishijwe ikoranabuhanga.
Icyo gikorwa cy’ubumuntu cyari kimaze igihe ariko cyaragizwe ibanga mu mezi menshi, kugeza ubwo ibitaro byabitangaje ku mugaragaro, bitera benshi gutangarira umutima mwiza w’uyu mukinnyi w’imyaka 25.
Mbeumo yerekeje muri Manchester United avuye muri Brentford muri Nyakanga 2025, asinyira umukono ku masezerano azarangirana n’umwaka wa 2030. Mu mwaka w’imikino ushize (2024–2025), yatsindiye Brentford ibitego 20 mu mikino 38 ya shampiyona, bimuha izina rikomeye mu bakinnyi bakomeye mu Bwongereza.
Iyi nkuru yagaragaje ko nubwo ari umukinnyi uzwi cyane ku rwego rw’isi, Mbeumo akomeza kugaragaza umutima w’ubutabazi n’urukundo ku bantu basanzwe.
Bryan Mbeumo yakoze igikorwa cyakoze benshi ku mutima
Bryan Mbeumo aherutse kugurwa na Manchester United
