Ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage iherutse gutanga miliyoni £58 kuri Diaz ariko Liverpool irabyanga, n'ubwo amasezerano ye azarangira mu mpeshyi ya 2027.
Slot yavuze ko Darwin Nunez atakinnye kubera imvune, ariko yemeza ko Diaz atagaragaye kubera gahunda ye yo kwerekeza mu yandi makipe atandukanye by'umwihariko Bayern Munich.
Slot yagize ati “Hari ibihuha byinshi biri kuvugwa kuri Luis muri iyi minsi, sinabivugaho byinshi. Ariko ari kwitwara neza mu myitozo, ariko nanone twahisemo kutamukinisha.”
Liverpool imaze kugura abashobora kongera umubare w'ibitego babiri, Florian Wirtz na Hugo Ekitike muri iyi mpeshyi, kandi barimo gushaka rutahizamu wa Newcastle United, Alexander Isak nawe wifuza kugenda.
Diaz yageze muri Liverpool avuye muri FC Porto muri Mutarama 2022, aguzwe miliyoni 37 z'amayero, akaba yari umwe mu bakinnyi bafashije iyi kipe kwegukana Premier League y’umwaka w’imikino wa 2024–2025.
Luis Diaz amahirwe menshi uko bigaragara azekeza mu kipe ya Bayern kubera ko ariyo yonyine iri kugaragaza ko imushaka. Ku nshuro ya mbere yatanze ubusabe bufite agaciro ka miliyoni 67.5 z'amayero, gusa biteganyijwe ko bazatanga ubushya bufite agaciro ka miliyoni 75 z'amayero.
Ikipe ya AC Milana iherutse gutsindwa na Arsenal yatsinze Liverpool
Luis Diaz atekeza kwerekeza muri Liverpool ahanini kubera umushahara muto ahembwa muri Liverpool
