UCL:Real Madrid ihetswe na Benzema yabirinduye PSG

UCL:Real Madrid ihetswe na Benzema yabirinduye PSG

 Mar 9, 2022 - 20:21

Ikipe ya Real Madrid yakoze ibitari byitezwe na benshi isezerera PSG yayitsinze umukino ubanza muri UEFA champions League.

Nyuma ya Liverpool na Bayern Munich zageze mu mikino ya kimwe cya kane ku wa kabiri, mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu hari hateganyijwe imikino ibiri yagombaga gutanga andi makipe abiri agera mu mikino ya kimwe cya kane.

Umukino wari ukomeye cyane ndetse utegerejwe cyane ni uwabereye i Santiago Bernabeu ku kibuga cya Real Madrid ukaba warebwe n'abafana 59,895, bose bakaba bari bategereje kumenya niba Real Madrid yatsinzwe umukino ubanza irabasha kwishyura cyangwa irasezererwa.

Ikipe ya PSG yari yaje yitwaje impamba y'igitego kimwe cyatsinzwe na Kylian Mbappe ubwo umukino ubanza waganaga ku musozo mu minota y'inyongera. Muri uyu mukino wo kwishyura Real Madrid yaje mu mukino yataka cyane kuko yashakaga igitego cyo kwishyura.

Gusa PSG yayitanze kubona igitego Cyatsinzwe na  Kylian Mbappe nanone ku mupira mwiza yahawe na Neymar Jr ku munota wa 39, ndetse amakipe yombi ajya kuruhuka ari igitego kimwe cya PSG ku busa bwa Real Madrid.

Ubwo bivuze ko ku giteranyo PSG yari ifite ibitego bibiri, mu gihe Real Madrid yari ifite ubusa.

Real Madrid yaje mu gice cya kabiri nta gucika intege, yaje kubona igitego cya mbere ku munota wa 61. Umuzamu Gianluigi Donnaruma yananiwe gukiza izamu maze imupira awihera Viniscius Jr, maze nawe awusunikira Karim Benzema maze atsinda igitego cya mbere cya Real Madrid kizamurira abakunzi b'iyi kipe ko yakwishyura.

Ibi byatumye ikipe ya PSG ihuzaguruka ku buryo bukomeye ndetse Karim Banzema ashyiramo ibindi bitego bibiri ku munota wa 76 n'uwa 78, ubundi Real Madrid ihita iyobora umukino ku giteranyo cy'ibitego 3-2.

Mu minota ya nyuma byanashobokaga ko Real Madrid yabona ibindi bitego kuko ubwugarizi bwa PSG bwakoraga amakosa menshi, ariko umukino warangiye ari ibitego 3-1 igiteranyo ari 3-2, bituma Real Madrid isezerera PSG.

Undi mukino Manchester City yari yakiriye Sporting CP ku kibuga Etihad, warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa ariko kuko Manchester City yatsinze umukino ubanza ibitego 5-0 yahise ikomeza muri kimwe cya kane.

Karim Benzema yahetse Real Madrid