Ibi yabigarutseho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri abinyujije ku rubuga rwa X, aho yavuze ko arambiwe kumva amakuru menshi y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuvugwa hirya no hino muri Nigeria ndetse no ku isi muri rusange.
Yagize ati: “Ndambiwe cyane no kumva ibi, nibareke gufata abagore ku ngufu. Bakwiye gukebwa no gutwikwa.”
Aya magambo yahise atera impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga, bamwe barayashyigikira mu rwego rwo kugaragaza uburakari ku ihohoterwa rikomeje kwiyongera, mu gihe abandi bayanenze bavuga ko ari ubugome bukabije.
Mu gusobanura igitekerezo cye, Simi yavuze ko ari mu rwego rwo kurengera abagore bahura n’ihohoterwa, ashimangira ko hafi abagore benshi azi bagize aho bahurira n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu buzima bwabo.
Yagize ati: “Abagore bafite ubwoba bwo gusohoka, ndetse no mu ngo zabo ntibatekanye. Mubaze bashiki banyu, inshuti z’abagore n’abagore banyu. Ntituri abasazi. Reka gufata abagore ku ngufu.”
Uyu muhanzikazi yanashishikarije abagabo gufata iya mbere bagahana bagenzi babo bakora ihohoterwa, avuga ko kutabahana ari kimwe mu bituma rikomeza kwiyongera.
Iki kibazo gikomeje kuba ingingo ikomeye iganirwaho muri sosiyete, aho benshi bahamagarira inzego zibishinzwe gufata ingamba zikomeye zo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kurengera abahohotewe.
Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien
