Rúben Amorim yashimangiye ko Matheus Cunha ari cyo gisubizo Manchester United yari ikeneye

Rúben Amorim yashimangiye ko Matheus Cunha ari cyo gisubizo Manchester United yari ikeneye

 Jul 19, 2025 - 21:38

Mu mukino wa mbere wa gicuti wo kwitegura umwaka w’imikino wa 2025/26, Manchester United yanganyije na Leeds United 0-0, ariko umutoza Rúben Amorim ntiyazuyaje kugaragaza ko yashimishijwe n’umukinnyi we mushya Matheus Cunha.

Uyu rutahizamu w’imyaka 26, wakinnye iminota 45 ya mbere, yagaragaye nk’uzatanga icyerekezo gishya muri United, nubwo atabashije gutsinda.

Cunha, wari wambaye nimero 10, yatangiye mu mwanya w'ibumoso mu mikinire ya 3-4-2-1 isanzwe ikoreshwa na Amorim, aho yakoranye na Toby Collyer nk’abakinnyi bari inyuma ya rutahizamu. Bruno Fernandes we yigijwe inyuma mu kibuga hagati, akina hafi ya Casemiro. Amorim yavuze ko ubwo buryo bushya bushobora kuvugururwa, bitewe n'uko habuze umuvuduko hagati mu kibuga.

Amorim yashimye uburyo Cunha yakiniraga hagati mu kibuga, akabasha kwihuta agana ku izamu, anongeraho ko ari wo mwihariko ikipe ye yari ikeneye. Ati:“Twagize amahirwe yo kurema uburyo. Cunha yerekanye ibyo dukeneye.” Uyu mutoza w’Umunya-Portugal yavuze ko hakiri byinshi byo kunoza, ariko yemeza ko United iri mu nzira nziza yo kwiyubaka no gutegura shampiyona ikomeye.

Amorim yagaragaje impungenge ku mikoranire ya Bruno Fernandes n’abandi bakinnyi bashya, cyane cyane mu mwanya we wa No10 ushobora kuzafatwa na Cunha na Mbeumo witezwe kurangiza igurwa rye vuba avuye muri Brentford.

Nta rutahizamu mushya uratangazwa, ndetse ntibanagaragaje amakuru yizewe ku bakinnyi bashya bo hagati, ibintu bishobora guhangayikisha abafana ba United. Amorim yavuze ko hari abakinnyi bashaka kugenda, kandi ko nibamara gutandukana na United, hazabaho ibiganiro bishya ku bijyanye n’isoko ry’abakinnyi.

Matheus Cunha yakinnye umukino we wa mbere muri Manchester United 

Umutoza wa Manchester United yashimagije Matheus Cunha